• Webmail
  •    
  • Call: (+250) 785686682/(+250) 788865515
Banner

Inkuru Ziheruka

Dore ibyago 7 bikomeye biterwa no kutanywa amazi ahagije

Kunywa amazi igihe ufite inyota ntabwo bihagije. Amazi ni ingenzi cyane ku mikorere myiza y’umubiri w’umuntu. Ntabwo rero umuntu ayanywa gusa ari uko agize inyota, ahubwo wakagombye kugira umuco wo kunywa amazi buri munsi.

Wari uzi ko hari food supplement (inyunganiramirire) z’umwimerere zagufasha kwirinda no kurwanya indwara nka constipation, crampe musculaire, kidney stone na trouble neurologiques?

Ubu IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kibafitiye inyunganiramirire (food supplements) zirimo: Colon Guard, Propolis soft capsules, Cordyceps Ganoderma soft capsules na Chitosane caspule. zifasha imyakura gukora neza, zifasha urwungano ngogozi gukora neza,zigasana uturemangingo tw’impyiko kandi zikabungabunga ubuzima bwiza bw’imikaya. Izi nyunganiramirire (food supplements) zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko zifite ibyangombwa by'ubuziranenge bitangwa FDA (Food and Drugs Administration) kandi nta ngaruka mbi zigira ku buzima bw’uwazikoresheje.

Reka turebere hamwe indwara ndetse n’ibibazo umubiri wawe wagira uramutse utanyoye amazi mu buryo buhoraho.

1.Kutanywa amazi bitera gufatwa n’imbwa (Crampes Musculaire)

Ni kenshi umuntu afatwa n’ibinya mu mikaya cyangwa se bimwe abantu bita imbwa, gusa ubu ntabwo ari uburwayi kuri bamwe, ahubwo iki ni ikimenyetso akenshi cyo kubura amazi mu mubiri cyane cyane ku bantu bakora imyitozo ngororamubiri. Impamvu itera ibi ni uko uko imikaya ikora cyane, igenda ibika imyanda bita Acide lactique. Uko igenda iba myinshi mu mikaya, umwuka mwiza wa Oxygene ugenda uba muke bityo bigatuma ufatwa n’imbwa.

2. Kutanywa amazi bitera uburwayi bwo kwituma mpatwe (constipation)

Amazi ni ngombwa cyane mu igogora ry’ibiryo. Iyo unyoye amazi mbere yo gufata amafunguro, bituma igikoma cy’ibyo wariye (Chyme) gikorerwa mu mara cyoroha, bityo bigatuma intungamubiri zivamo kuburyo bworoshye, kandi ntibinanize igogora ry’ibiryo. Iyo rero utanyoye amazi ahagije, ni hahandi usanga ibiryo byatinze mu mara, bigatuma n’imyanda itindagusohoka, igatangira ndetse kwiremamo utubumbe, bigatera impatwe.

3. Kutanywa amazi bitera kurwara umutwe wa hato na hato

Kutanywa amazi ahagije bitera kurwara umutwe wa hato na hato. Nubwo nta bushakashatsi bwihariye burakorwa, ariko ibitekerezo by’inzobere mu by’ubuzima bivuga ko iyo utanyoye amazi ahagije, bituma umubiri ukoresha ayo wifitemo bigatuma umubiri ukakara. Iyo amazi abuze mu mubiri, umwuka mwiza wa oxygène uragabanyuka. Iyo rero ubwonko bubuze wa mwuka mwiza, nibwo wumva utangiye kurwara umutwe udasobanutse, gusa ntabwo umutwe ukurya burigihe uba watewe n’amazi make, kuko hari n’izindi mpamvu nyinshi.

Inama zitangwa n’abaganga b’inzobere ni uko byibuze kunywa ibirahure by’amazi hagati ya 3 na 4 ku munsi ari byiza mu kwirinda umutwe wa hato na hato.

4. Kutanywa amazi bitera utubuye duto mu mpyiko (Kidney stones)

Kutanywa amazi ahagije bishobora gutuma impyiko zawe zangirika. Ubusanzwe impyiko ziyungurura amaraso zigakuramo imyanda. Iyo myanda rero iba irimo n’imyunyungugu, iyo umuntu atanyoye amazi ahagije iyo myanda yiremamo utubuye duto ku buryo twakwangiza impyiko. Bimwe mu bimenyetso by’utwo tubuye twavugamo nk’ububabare bukabije bw’umugongo, mu ruhande rw’impyiko ndetse no kumva wokerwa mu gihande cy’impyiko n’ibindi.

5. Kutanywa amazi bitera kugira ibibazo bijyanye n’imyakura (Des troubles neurologiques)

Uko umuntu agenda asaza, niko ubushake bwo kunywa amazi bugenda bugabanyuka. Nubwo ubushake bwo kunywa amazi buba budahari, ariko umubiri uba uyakeneye. Kumara imyaka runaka rero utanywa amazi biteza ibibazo bishingiye ku myakura. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko iyo ubwonko bubuze amazi, ibice bitandukanye byabwo bitangira gukora nabi ugasanga umuntu arazengera akaba yanitura hasi.

6. Kutanywa amazi bituma udukoko (Bacteria) tutava mu mubiri

Amazi ni kimwe mu bigize moteri y’umubiri wacu. Arakenewe cyane mu mubiri wacu cyane cyane mu isohorwa ry’udukoko mu mubiri. Iyo utanywa amazi ahagije, cyane cyane igitsina gore, ushobora kugira ibibazo byo kwangirika kw’imiyoboro y’inkari kubera utwo dukoko tuba tutasohotse.

7. Kutanywa amazi bitera ibibazo by’uruti rw’umugongo ku bagore batwite

Ni byiza ku bagore batwite kunywa amazi ahagije kuko burya gutwita bituma uruti rw’umugongo rw’umugore utwite ruba ruremerewe cyane. Iyo rero utuntu bita ‘disc’ tuba hagati y’amagufa y’uruti rw’umugongo tubuze amazi, bituma twangirika bigateza ibibazo bikomeye ku mugongo w’umugore utwite. Abagore batwite rero bagirwa inama zo kunywa amazi ahagije buri munsi.

Amazi ni ingenzi mu mikorere myiza y’umubiri, bityo kuyanywa ku rugero rukwiye buri munsi ni imwe mu ngamba zikomeye zo kubungabunga ubuzima no kwirinda indwara zitandukanye.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

Dore Ibimenyetso 11 byakumenyesha ko urwaye Prostate.

Prostate ni agasabo gato gaherereye hafi y’uruhago, gafite inshingano yo kurekura amatembabuzi amwe aherekeza intanga ndetse no kuyabika. Aka gasabo ku muntu umaze kuva mu bwana kaba gafite umurambararo wa 40mm, gapima 20g kakaba gashobora gufobagana kakaba kanini cyangwa kakegerana kakaba gato.

Prostate ishobora gufatwa n’indwara zitandukanye harimo niziterwa na mikorobe umugabo ashobora kwandurira mu mibonano mpuzabitsina bigatera uburwayi bwa prostate ndetse igatangira kubyimba aribyo byitwa prostatite (prostatitis).

Wari uzi ko hari food supplement (inyunganiramirire) z’umwimerere zagufasha kwirinda cyangwa se kugabanya ibyago byo kurwara Prostate(prostatitis)?

Ubu IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kibafitiye inyunganiramirire (food supplements) zirimo: Reishi Capsule, Spirulina capsules, Lycopene soft capsule, Power resource capsule, Ca+Fe+Zi plus capsule na Golden six capsule zifasha mu kurinda no gusana uturemangingo twa prostate. Izi nyunganiramirire (food supplements) zirizewe kuko ku ruhando mpuzamahanga kuko zifite ibyangombwa by'ubuziranenge bitangwa FDA (Food and Drugs Administration) kandi nta ngaruka mbi zigira ku buzima bw’uwazikoresheje.

Ubundi burwayi bushobora gufata Prostate bujyana n’uko umuntu agenda akura. Abagabo bakuze nibo baba bafite ibyago byinshi byo kurwara indwara ya Prostate (prostatitis) aho usanga prostate igenda ibyimba kugeza ubwo ibuza inkari gusohoka.

Reka turebere hamwe ibimenyetso bigaragaza ko umuntu arwaye Prostate (prostatitis).

1.Gushaka kujya kunyara kenshi mu ijoro.

2. Kudashobora gutangira kunyara cyangwa guhagarika ubwo bushake mu gihe ugiye kunyara.
3. Kunyara ukumva ziraza ari nke ugereranyije n’uko ubishaka. Cyangwa kunanirwa kurangiza kunyara ngo wumve zishizemo.
4. Kumva umeze nk’uri gushya mu gihe uri kunyara.
5. Kubona amaraso mu nkari.
6. Kugira amaraso mu masohoro.
7. Kugira ibibazo mu gihe cyo gusohora k’umugabo.
9. Kugira uburibwe mu mayunguyungu, no mu gace k’umugongo ko hasi.
10. Kugira uburibwe cyangwa uburyaryate haruguru y’igitsina n’impande zaho.
11. Kubabara mu magufa yo mu mugongo wo hasi (iyi ndwara iba yakomeye cyane).

Abagabo bose, cyane cyane ariko abarengeje imyaka 60, bakwiye kwitondera ibi bimenyetso bivuzwe kandi bakihutira kwisuzumisha kwisuzumisha igihe babyibonyeho.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

Menya akamaro k’umunyungugu wa Zinc mu mubiri wawe ndetse n’ibiribwa ibonekamo.

Umubiri wacu ukenera intungamubiri zitandukanye cyane cyane zituruka mu byo turya ndetse n’ibyo tunywa, ni kenshi tugirwa inama zo kurya imboga ndetse n’imbuto kuko ni zo zikungahaye cyane ku ntungamubiri nyinshi umubiri wacu ukenera.

Muri iyi nkuru rero tugiye kurebera hamwe akamaro k’umunyungugu wa Zinc, ku mubiri w’umuntu.

Zinc ni iki?

Zinc ni umunyungugu (Mineral) ndetse ikaba intungamubiri ifitiye akamaro kanini umubiri wacu. Iyi ntungamubiri ituruka mu byo turya bya buri munsi.

Ese Zinc umubiri ukenera iboneka ite?

Zinc umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Spirulina tablets, Zinc tablets na Ca+Fe+Zi Plus capsules ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye ku munyungugu wa Zinc ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya Zinc umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura zinc ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Ese umubiri w’umuntu ukeneye Zinc ingana ite ku munsi?

  1. Abagabo bakuru basabwa gufata nibura 11 mgku munsi
  2. Abagore bakuru basabwa gufata nibura 8 mgku munsi
  3. Abagore batwite basabwa gufata nibura 11 mgku munsi
  4. Abagore bonsa basabwa gufata nibura 12 mgku munsi
  5. Abana basabwa gufata nibura hagati ya 2–11 mgku munsi

Dore akamaro ka Zinc ku mubiri w’umuntu

1.Ituma ubudahangarwa bw’umubiri ( Immune system) bukora neza
2.Ifasha mu gukorwa no gukura k’uturemangingo tw’umubiri
3.Ifasha mu gukira vuba kw’ibisebe
4.Ifasha gukora neza kw’ibyiyumvo byo guhumurirwa ndetse no kuryoherwa.
5.Ku mugore utwite, zinc ituma agubwa neza ndetse n’umwana agakura neza
6.Ku mwana muto, imufasha gukura neza ndetse n’ubwenge bugakura neza.
7.Ku bagabo, Zinc ifasha mu gukorwa neza kw’intangangabo ndetse n’amasohoro
8.Ku bagore, ibafasha mu kugenda neza kw’imihango.
9.Zinc ni nziza cyane ku mikorere myiza y’amaso.
10.Zinc ituma umuntu agira ubushake bwo kurya

Dore bimwe mu ibiribwa wasangamo Zinc

Bimwe mu biribwa bibonekamo Zinc birimo:

1.Inyama cyane cyane inyama zitukura.
2. Amafi
3. Ibinyampeke bitandukanye
4. Ubunyobwa
5. Amata ndetse n’ibiyakomokaho
6. Amagi
7. Umuceri
8. Imboga n’imbuto

Ingaruka mbi zo kubura Zinc mu mubiri

1.Kugira ibibazo mu kureba cyane cyane nijoro
3.Iyo ugize igisebe ntabwo gikira vuba
4.Ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina buragabanuka
5.Ku b’igitsina gore bagira ibibazo mu mihango
6.Kudakura neza ku mwana muto
7.Kugira ibibazo by’uruhu
8.Kugira ibibazo mu guhumurirwa ndetse no kuryoherwa
9.Kubura ubushake bwo kurya
10.Gupfuka umusatsi

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

 

Menya Impamvu Vitamin K ari Ingenzi ku Buzima bwawe.

Vitamin K n’imwe mu ntungamubiri z’ingenzi cyane umubiri w’umuntu ukenera, nubwo akenshi itavugwaho cyane nk’izindi vitamini. Ifite uruhare rukomeye mu gutuma amaraso ashobora gukama igihe umuntu akomeretse ndetse ikanafasha amagufwa gukomera.

Ese Vitamin K umubiri ukenera iboneka ite?

Vitamin K umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Chondroitin tablets, Natural liquid calcium capsules, High calcium protein powder, Spirulina tablets na Multivitamin ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye kuri vitamin K ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya vitaminK umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura  vitamin K ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Muri iyi nkuru turarebera hamwe akamaro ka vitamin K ku mubiri w’umuntu n’impamvu ari ingenzi kuyibona ku rugero rukwiye.

Ese umuntu asabwa gufata vitamin K ingana ite ku munsi?

Ingano ya vitamin K umuntu asabwa ku munsi iterwa n’imyaka n’igitsina, ariko muri rusange ni iyi ikurikira:

  • Abagabo bakuru basabwa gufata nibura micrograms (mcg) 120 ku munsi
  • Abagore bakuru basabwa gufata nibura micrograms (mcg) 90 ku munsi
  • Abana basabwa gufata niburaya mcg 30 - 75 ku munsi.

Dore akamaro ka vitamin K ku mubiri w’umuntu

1. Ifasha amaraso gukama (blood clotting) igihe umuntu yakomeretse

Aka niko kamaro gakomeye ka Vitamin K kuko ifasha umubiri gukora poroteyine zifasha amaraso gukama igihe umuntu yakomeretse. Kubura iyi vitamini bishobora gutuma umuntu atakaza amaraso menshi mu gihe akomeretse.

2. Ifasha amagufwa gukomera

Vitamin K igira uruhare mu gukoresha calcium neza mu mubiri. Ifasha mu kubaka no gukomeza amagufwa, bityo igafasha kwirinda indwara yo kumungwa kw’amagufwa (osteoporosis).

3. Irinda indwara z’umutima

Vitamin K ifasha kugabanya kwirundanya kwa calcium mu miyoboro y’amaraso (arteries), bityo igafasha kwirinda indwara z’umutima n’imitsi.

4. Ifasha gukira ibikomere vuba

Kubera uruhare rwayo mu gukama kw’amaraso, Vitamin K ifasha ibikomere gukira vuba kandi neza.

5. Ifasha ubwonko gukora neza

Hari ubushakashatsi bwerekana ko Vitamin K igira uruhare mu kurinda ubwonko no gufasha mu mikorere yabwo ndetse ikanabwongerera ubushobozi bwo kwibuka.

Dore bimwe mu biribwa wasangamo vitamin K

Mu biribwa bibonekamo vitamin K harimo: imboga rwatsi nka dodo, isombe, epinari (spinach), broccoli na cabbage, amavuta y’ibimera, amagi n’inyama, ibiribwa byasembuwe (fermented foods) nka cheese na yogurt.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

Menya akamaro ka Vitamin B7 (Biotin) mu mubiri wawe ndetse n’ibiribwa ibonekamo.

Vitamin B7, izwi cyane nka Biotin, ni imwe mu mavitamine yo mu itsinda rya Vitamin B (B-complex) ifite uruhare rukomeye mu gutuma umubiri ukora neza. Iyi vitamin ikundwa kuvugwa cyane mu bijyanye n’ubwiza bw’umusatsi, uruhu n’inzara, ariko akamaro kayo karenze cyane ibyo gusa.

Biotin ni vitamin ishonga mu mazi, bivuze ko idabikwa mu mubiri igihe kirekire, bityo umuntu agomba kuyibona buri munsi mu biribwa. Ifasha cyane mu guhindura ibiryo umubiri urya bikavamo ingufu.

Ese Vitamin B7 umubiri ukenera iboneka ite?

Vitamin B7 umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Spirulina tablets na Multivitamin ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye kuri vitamin B7 ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya vitamin B7 umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura  vitamin B7 ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Ese umubiri w’umuntu ukeneye Vitamin B7 ingana ite ku munsi?

Abantu bakuru basabwa gufata nibura ya micrograms (mcg) 30 ku munsi.

Dore akamaro ka Vitamin B7 ku mubiri w’umuntu

1. Ikomeza umusatsi

Biotin izwi cyane mu gukomeza umusatsi kandi ntupfuke.

2. Ifasha uruhu kugira ubuzima bwiza

Vitamin B7 irinda uruhu gukamagara cyane rukagaragara neza ndetse ikarinda indwara y’uruhu yitwa eczema.

3. Ikomeza inzara

Abantu bafite inzara zoroshye zimeneka vuba bashobora kungukira kuri Biotin kuko ikomeza inzara kandi igatuma zikura neza.

4. Ifasha mu gutanga ingufu ku mubiri

Biotin igira uruhare mu guhindura ibinure (fats), ibinyamasukari (carbohydrates) na poroteyine bikavamo ingufu zifasha umubiri gukora neza.

5. Ifasha mu mikorere y’ubwonko

Biotin ifasha mu mikorere y’imitsi n’ubwonko ndetse igafasha mu kugabanya umunaniro wo mu mutwe.

6. Ifasha mu kugenzura isukari mu maraso

Ku bantu barwaye diyabete, Biotin ishobora ibafasha kugabanya urugero rw’isukari mu maraso, guteza imbere imikorere myiza y’insuline.

7. Ifasha abagore batwite

Biotin ni ingenzi ku bagore batwite kuko ifasha mu mikurire myiza y’umwana uri mu nda.

Dore bimwe mu biribwa wasangamo vitamin B7

Mu biribwa bibonekamo vitamin B7 harimo: Amagi, inyama z’inkoko, amafi, ibishyimbo, soya, avoka, nuts, almonds, ibijumba ndetse n’ibinyampeke byuzuye (whole grains).

Vitamin B7ni vitamini ifite akamaro kanini ku buzima bw’umubiri kuko ifasha mu gutanga imbaraga, gukora imisemburo y’umubiri, gufasha ubwonko n’imyakura gukora neza ndetse no kurinda ubuzima bw’uruhu n’imisatsi.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

Menya akamaro ka Vitamin B6 (Pyridoxine) mu mubiri wawe ndetse n’ibiribwa ibonekamo.

Vitamin B6, izwi kandi nka pyridoxine, ni imwe muri vitamine yo mu itsinda rya Vitamin B (B-complex) zigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’umubiri. N’ubwo idakunze kuvugwa cyane nka Vitamin C cyangwa D, Vitamin B6 ifite akamaro gakomeye cyane mu buzima bwa buri munsi.

Vitamin B6 ni vitamin ishonga mu mazi (water-soluble), bivuze ko idabikwa igihe kirekire mu mubiri, bityo bikaba ngombwa ko umuntu ayifata buri munsi binyuze mu biribwa.

Ese Vitamin B6 umubiri ukenera iboneka ite?

Vitamin B6 umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Spirulina tablets na Multivitamin ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye kuri vitamin B6 ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya vitamin B6 umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura  vitamin B6 ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Ese umubiri w’umuntu ukeneye Vitamin B6 ingana ite ku munsi?

Umuntu asabwa gufata nibura milligarama (mg) 1.3 ku munsi.

Dore akamaro ka Vitamin B6 ku mubiri w’umuntu

1. Ifasha mu mikorere myiza y’ubwonko

Vitamin B6 igira uruhare mu gukora imisemburo yo mu bwonko (neurotransmitters) nka serotonin na dopamine. Ibi bituma umuntu atekereza neza, byongerera ubwonko ubushobozi bwo kwibuka neza kandi bikagabanya stress no kwiheba (depression).

2. Ifasha mu gukora amaraso

Vitamin B6 ifasha umubiri gukora uturemangingo dutukura tw’amaraso (red blood cells). Iyo ibuze umuntu ashobora kurwara anemia ndetse akagira umunaniro ukabije.

3. Ifasha mu kurinda indwara z’umutima

Ifasha kugabanya urugero rwa homocysteine mu maraso, ikaba ishobora gutera indwara z’umutima iyo iri hejuru bityo ikabungabunga ubuzima bw’imiyoboro y’amaraso ndetse biakagabanya ibyago byo kurwara umutima.

4. Yongera ubudahangarwa bw’umubiri (immune system)

Vitamin B6 ifasha umubiri kurwanya indwara no kongera ubudahangarwa.

5. Ifasha mu kugabanya ibimenyetso bya PMS (Premenstrual syndrome)

Ku bagore, Vitamin B6 igabanya ibimenyetso bya Premenstrual Syndrome (PMS)nko guhindagurika kw’amarangamutima, kubabara mu nda no kugira munaniro.

6. Ifasha cyane mu ikorwa rya proteyine no kongerera umubiri ingufu

Dore bimwe mu biribwa wasangamo vitamin B6

Mu biribwa bibonekamo vitamin B6 harimo: ibihwagari, imineke, avoka, imboga nka epinari, ibinyampeke nk’ingano n’umuceri n uburo
Inaboneka mu nyama cyane cyane iy’inkoko. Iboneka mu mafi n’amagi.

Vitamin B6 ni ingenzi cyane mu buzima bw’umuntu kuko ifasha ubwonko gukora neza, ikarinda umutima, igafasha mu gukora amaraso ndetse ikongera ubudahangarwa bw’umubiri. Kurya indyo yuzuye irimo ibiribwa bikungahaye kuri iyi vitamin ni ingenzi kugira ngo wirinde ingaruka zo kuyibura no kugira ubuzima bwiza muri rusange.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

 

Ibimenyetso mpuruza bizakwereka ko uri gusatirwa na ’Stroke’, indwara y’ubwonko.

Muri iki gihe indwara nyinshi ziri guhitana abantu benshi,ukabona umumntu wari uzi ko ari muzima yituye hasi ataye ubwenge,abantu bagatangira ngo bamuroze abandi bagakeka izindi mpamvu nyamara ari ubwonko bwagize ikibazo ugasanga bwabuze amaraso bugahagarara gukora bityo umubiri wose ugahagarika gukora.

Nyamara hari ibimenyetso bikuburira ko hari indwara iri kugusatira. Ese waba uzi ibimenyetso by’indwara y’ubwonko bita Stroke? Aha rero niyo tugiye kugarukaho.

Wari uzi ko hari food supplement (inyunganiramirire) z’umwimerere zagufasha kwirinda indwara ya stroke?

Ubu IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kibafitiye inyunganiramirire (food supplements) zirimo: Deep sea fish oil Capsule, Vitamin E capsule, Lycopene soft capsules,Power resource capsule na Cordy royal jelly capsule zifasha amaraso gutembera neza mu bwonko kandi zigasana uturemangingo tw’ubwonko bikagabanya ibyago byo kuba umuntu yarwara stroke. Izi nyunganiramirire (food supplements) zirizewe kuko ku ruhando mpuzamahanga kuko zifite ibyangombwa by'ubuziranenge bitangwa FDA (Food and Drugs Administration) kandi nta ngaruka mbi zigira ku buzima bw’uwazikoresheje.

Stroke ni iki?

Stroke ni indwara y’ubwonko iterwa n’uko amaraso ajya mu bwonko ahagaze kugenda cyangwa agize impamvu iyabuza kugenda nk’ibisanzwe. Uku guhagarara kw’amaraso gushobora guterwa no kwifunga kw’imitsi cyangwa se guturika kwayo. Icyo gihe  umuntu ananirwa kureba,kugenda no kuvuga hari n’igihe ahita ata ubwenge. Ibi biba bitewe n’uko ubwonko butabona umwuka mwiza uhagije wa ‘oxygen’ ndetse n’ibibutunga, bityo uturemangingo twabwo tugatangira gupfa.

Ni ibihe bimenyetso byakuburira ko iyi ndwara iri kugusatira?

Dore ibimenyetso 5 byakwereka ko ufite ibyago byinshi byo kurwara stroke:

1.Kurwara umutwe udakira

Ni kenshi umuntu ashobora gukora cyane cyangwa se akananirwa, akarwara umutwe ndetse yewe umutwe ushobora guterwa n’ubundi burwayi runaka mu mubiri umuntu ashobora kuba afite ariko nubona uhorana umutwe udakira kandi ukabona nta mpamvu uzi iwutera, uzagire amakenga ugane muganga.

2. Kugira imbaraga nkeye mu maboko ndetse no kugira ibinya mu mubiri

Abantu benshi hari igihe bagira imbaraga nkeya mu bice bimwe na bimwe cyangwa se bakumva utuntu tumeze nk’udushinge tujomba ndetse n’ibinya mu mubiri wabo. Niwumva bimeze gutyo, jya ugerageza kuzamura amaboko uyarenze umutwe kugira ngo urebe niba agerayo. Niba stroke itangiye kuza rero, ukuboko kumwe kuzahita kwimanura.

3.Kwitiranya ibintu

Iyo iyi ndwara iri kukugera amajanja, utangira kwitiranya ibintu. Umuntu ugasanga muganira ntimwumvikana neza, aritiranya ibintu ndetse ukumva ibitekerezo atanga biterekeranye n’ikiganiro muri kugirana.Uramutse ubonye umuntu nk’uwo rero, uzamugire inama yo kujya kwa muganga kuko icyo ni ikimenyetso simusiga.

4. Ingorane mu kuvuga

Kuvuga bimwe bita kudidimanga bibaho kuri bamwe ariko iyo wavugaga neza mu busanzwe ariko ugatangira kugenda uvuga udidimanga ijambo ridasohoka neza, geregeza gusubiramo ayo magambo, ni wumva bitari gukunda neza uzamenye ko stroke iri kukugera amajanja.Uzihutire kujya kwa muganga.

5. Kutagenda neza, ugatera intambwe ubona zitajyanye

Uwo Stroke iri kugera amajanja guhuza ibintu (cyangwa se Coordination) biratakara ukabona umuntu aragenda nk’uwasinze ubona atera intambwe zitajyanye.Impamvu yabyo ni uko ubwonko buba butangiye kugira ikibazo.

Indwara ya stroke ni indwara ikomeye ishobora guteza ubumuga cyangwa no guhitana ubuzima iyo itamenyekanye hakiri kare. Ni yo mpamvu kumenya ibimenyetso mpuruza byayo nko kunanirwa kw’igice cy’umubiri, kugorana kuvuga, kubura icyerekezo neza cyangwa kubabara umutwe bikabije ari ingenzi cyane. Iyo ibi bimenyetso bigaragaye, kwihutira kujya kwa muganga bishobora kurokora ubuzima no kugabanya ingaruka z’iyo ndwara.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

 

Menya akamaro ka Vitamin B1 (Thiamine) mu mubiri wawe ndetse n’ibiribwa ibonekamo.

Vitamin ni zimwe mu ntungamubiri z’ingenzi umubiri w’umuntu ukenera kugira ngo ukore neza. Muri zo harimo Vitamin B1, izwi kandi ku izina rya Thiamine. Iyi vitamini iri mu itsinda rya vitamini B (B-complex) zifasha cyane mu guhindura ibiribwa umubiri umuntu aba yariye mo imbaraga. Nubwo abantu benshi batazi akamaro kayo, vitamin B1 igira uruhare rukomeye mu mikorere y’imikaya, ubwonko, uruhu ndetse n’imisemburo itandukanye mu mubiri.

Umubiri w’umuntu ntushobora kubika Vitamin B1 igihe kirekire, bityo bisaba ko umuntu ayibona buri munsi mu mafunguro cyangwa mu nyunganiramirire (food supplements).

Ese Vitamin B1 umubiri ukenera iboneka ite?

Vitamin B1 umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Shark chondroitin, Deep sea fish oil, Spirulina tablets na Multivitamin ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye kuri vitamin B1 ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya vitamin B1 umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura  vitamin B1 ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Ese umubiri w’umuntu ukeneye Vitamin B1 ingana ite ku munsi?

Ingano ya vitamin B1 abantu igenda itandukana bitewe n’ibyiciro ku buryo bukurikira:

  1. Abagabo bakuru basabwa gufata nibura 1.2 mg
  2. Abagore bakuru basabwa gufata nibura 1.1 mg
  3. Abagore batwite basabwa gufata nibura 1.4 mg
  4. Abagore bonsa basabwa gufata nibura 1.4 mg

Abana

  • Amezi 0–6: 0.2 mg
  • Amezi 7–12: 0.3 mg
  • Imyaka 1–3: 0.5 mg
  • Imyaka 4–8: 0.6 mg
  • Imyaka 9–13: 0.9 mg
  • Abahungu bafite imyaka 14–18 basabwa gufata nibura 1.2 mg
  • Abakobwa bafite imyaka 14 – 18 basabwa gufata nibura  1.0 mg

Dore akamaro ka Vitamin B1 ku mubiri w’umuntu

1.Ifasha umubiri kubona imbaraga

Vitamin B1 ifasha mu guhindura ibiribwa umuntu arya nk’ibirimo amavuta, poroteyine n’ibinyasukari mo ingufu zikoreshwa n’umubiri. Ibi bituma uturemangingo tw’umubiri dukora neza kandi umubiri ukagira imbaraga zihagije mu bikorwa bya buri munsi.

2. Ifasha umutima gukora neza

Vitamin B1 ifasha kugabanya cholesterol mbi (LDL) mu maraso no kongera cholesterol nziza (HDL). Ibi bifasha kurinda indwara z’umutima no kugabanya ibyago byo gufatwa n’indwara zifata imiyoboro y’amaraso.

3. Ifasha mu kurinda uruhu no gutuma rusa neza

Vitamin B1 ifasha uruhu gukomeza kuba rwiza kandi rugahora rutoshye ndetse ikunze gukoreshwa cyane mu mavuta n’ibindi byo kwisiga bifasha uruhu n’imisatsi.

4. Ifasha ubwonko gukora neza

Iyi vitamin ifite uruhare mu mikorere myiza y’ubwonko. Ifasha kunoza imikorere y’imyakura (nerves) no kugabanya ibyago byo kurwara uburwayi bwo kwibagirwa cyangwa izindi ndwara zifitanye isano n’imikorere y’ubwonko.

5. Ifasha cyane mu gukora amaraso

Iyi vitamini ifasha mu gukora no gutunganya bimwe mu bigize amaraso, bigafasha umubiri gutwara umwuka wa oxygen neza.

6. Ifasha mu mikorere myiza y’igogora

Vitamin B1 igira uruhare mu mikorere myiza y’igifu n’amara. Ifasha mu gusya ibiribwa neza no gutuma umubiri ubasha gukuramo intungamubiri zikenewe.

7. Ifasha kugabanya umunaniro n’intege nke

Kubera uruhare rwayo mu gutanga ingufu, Vitamin B1 ifasha kugabanya umunaniro ukabije n’intege nke, bigatuma umuntu agira imbaraga mu mubiri.

8. Yongera ubushake bwo kurya (Appetite)

Vitamin B1 ifasha mu kongera ubushake bwo kurya (appetite). Abantu bafite ikibazo cyo kubura iyi vitamin bashobora gutakaza ubushake bwo kurya, bikaba byakurikirwa n’igabanuka ry’ibiro cyangwa intege nke z’umubiri.

Dore bimwe mu biribwa wasangamo vitamin B1

Mu biribwa bibonekamo vitamin B1 harimo: Inyama (inkoko, inyama z’inka), amafi, amagi, ibinyampeke (nk’umuceri n’ingano), ibishyimbo.

Vitamin B1ni vitamini ifite akamaro kanini ku buzima bw’umubiri kuko ifasha mu gutanga imbaraga, gukora imisemburo y’umubiri, gufasha ubwonko n’imyakura gukora neza ndetse no kurinda ubuzima bw’uruhu. Kurya indyo yuzuye igizwe n’ibiribwa bitandukanye ni byo bifasha umubiri kubona iyi vitamini ku rugero rukwiye.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

Dore ibyo kurya 10 byakurinda kanseri y’umwijima.

Umwijima ni rumwe mu ngingo 5 z’ingenzi ku buzima bwacu bwa buri munsi (izindi zisigaye 4 ni; ubwonko, impyiko, umutima n’ibihaha). Ntibivuze ko izindi nta cyo zimaze guza izi nizo imikorere yazo iyobora indi mikorere y’izisigaye.

Muri rusange kanseri ni indwara iteye ubwoba kandi ihangayikishije, by’umwihariko. Kanseri y’umwijima iri muri kanseri zica cyane dore ko ku bayirwaye kimwe cya kabiri ibahitana.

Iyi kanseri iterwa n’impamvu zinyuranye, muri zo twavuga umwuka uhumanye duhumeka, kurya ibyatewe imiti yica udukoko utabironze, kuba urwaye indwara ya hepatite, n’ibindi.

Uretse ibi kandi, kunywa inzoga zirenze igipimo bitera indwara izwi nka cirrhosis amaherezo ikazabyara kanseri.

Wari uzi ko hari ibiribwa ndetse na food supplement (inyunganiramirire) z’umwimerere zagufasha kwirinda cyangwa se kugabanya ibyago byo kurwara kanseri y’umwijima (liver cancer)?

Ubu IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kibafitiye inyunganiramirire (food supplements) zirimo: Reishi Capsule, Spirulina capsules, Lipid reducing tablets, Cordycep Ganoderma Soft capsule, Chitosane capsule na Aloe-Vera capsule zifasha mu kurinda no gusana uturemangingo tw’umwijima (liver). Izi nyunganiramirire (food supplements) zirizewe kuko ku ruhando mpuzamahanga kuko zifite ibyangombwa by'ubuziranenge bitangwa FDA (Food and Drugs Administration) kandi nta ngaruka mbi zigira ku buzima bw’uwazikoresheje.

Dore bimwe mu byo kurya bifasha mu kurwanya kanseri y’umwijima

1. Karoti

Muri karoti dusangamo glutathione kikaba ikinyabutabire nyamukuru mu gusukura umubiri wacu gikuramo ibiwuhumanya bishobora no kubyara kanseri. Uretse ibyo rero zinarimo beta-carotenes zizwiho na zo gufasha umwijima gukora neza no kuwurinda. Karoti ziriwe neza ni iziriwe mbisi, wazihekenya cyangwa ukazirya salade.

2. Beterave

Kimwe na karoti, beterave na zo mu mikorere myiza y’umwijima no kuwurinda kanseri, zikungahaye kuri glutathione. Zinarimo kandi flavonoids na zo zifasha umwijima gukora neza. Kurya beterave cyangwa kunywa umutobe wazo buri munsi cyangwa igihe cyose mugihe ubishoboye ni ingenzi

3. Imbuto zo mu bwoko bwa citrus

Izi mbuto zirimo amoko menshi. Muri yo twavuga amacunga, indimu, pamplemousse, mandarine n’izindi zinyuranye. Izi mbuto zizwiho kuba zikungahaye kuri vitamin C, ikaba nayo iri mu bya mbere byongerera ingufu ubudahangarwa bw’umubiri. Ibi rero ku mwijima biwufasha gutunganya ibyari uburozi ku mubiri ku buryo bisohoka vuba mu mubiri binyuze mu nkari.

4. Inyanya

Inyanya na zo zikungahaye kuri glutathione. Iyi twabonye ko ifasha mu gusohora imyanda no gusukura umwijima. Mu nyanya kandi dusangamo lycopene ari yo iziha ibara ritukura ikaba ingenzi mu guhangana na kanseri zinyuranye harimo iy’umwijima, porositate, ibihaha n’igifu. Kuzirya neza ni ukuzihekenya cyangwa ukazirya kuri salade. Uhisemo kuziteka ni byiza kuzikatira ku byo kurya bihiye.

5. Amashu

Nubwo amashu ari mu mboga zagiye zisuzugurwa nyamara muri yo dusangamo ibinyabutabire bya isothiocyanates bikomoka kuri glucosinates bikaba rero bizwiho gusukura umwijima bikuramo uburozi bubyara kanseri. Aya nayo ntatekwa, byiza ni ukuyarya salade. Amashu kandi ni isoko nziza ya vitamin K.

6. Icyinzari

Icyinzari na cyo kiri mu byo kurya byitwa ibirungo, ni ingenzi mu gusukura umwijima. Gifasha mu gusohora ibitera kanseri biba byinjiye mu mubiri wacu binyuze mu byo turya. Ibi rero bikarinda umwijima kuba wagerwaho n’ibyo bitera kanseri.

7. Avoka

Uko umwijima ugenda utunganya ibinure, ushobora nawo kubigenderamo ukangirika. Ibi ni cirrhosis, ishobora kubyara kanseri y’umwijima. Avoka rero nubwo nazo zirimo ibinure ariko ni ibinure byiza bizwi nka monosaturated fats, byo aho kwangiza umwijima bikaba biwufasha kwisana nyuma yo kwangizwa n’ibinure bindi. Ibi rero bikaba biwurinda na kanseri. Si ibyo gusa kuko avoka ziri no mu mbuto zitarimo isukari nyinshi.

8. Pome

Muri pome dusangamo pectin. Iyi pectin iboneka mu gishishwa cya pome ifasha mu gusohora imyanda n’uburozi mu rwungano ngogozi. Ibi bituma umwijima utaza kunanirwa mu gutunganya no gusohora imyanda, kuko biba byasukuriwe mu gifu. Pome kandi zikungahaye kuri fibre, zikaba zifasha umwijima mu gusohora uburozi n’imyanda ikorwa mu gihe cyo gusukura umubiri.

9. Tungurusumu

Impumuro ya tungurusumu iterwa nuko zirimo umunyungugu wa soufre. Uyu munyungugu utuma enzymes zo mu mwijima zikorana ingufu mu gusohora uburozi. Muri tungurusumu kandi dusangamo allicin na selenium byombi bizwiho gusukura umwijima.

10. Imboga rwatsi

Izi mboga ziri mu moko menshi: imbogeri, imbwija, imiriri, idodo, epinari n’izindi zibamo chlorophyll ariyo iziha ibara ry’icyatsi naho mu mubiri wacu ikagira uruhare mu ikorwa ry’indurwe yo mu mwijima. Si ibyo gusa ikora kuko inafasha mu kuringaniza ibinyabutabire no guca intege uburozi buturuka ku miti yica udukoko bityo bigafasha mu kurinda umwijima ko wajyamo uburozi.

Muri rusange, gufata indyo yuzuye kandi irimo intungamubiri zitandukanye ni imwe mu ntambwe zikomeye zifasha umubiri kwirinda indwara zitandukanye zirimo na kanseri y’umwijima. Kurya imbuto n’imboga zitandukanye, ibiribwa bikungahaye kuri fibres, ndetse n’ibirimo antioxidants bifasha umubiri kurwanya uturemangingo dushobora gutera kanseri. Iyo ibyo biribwa bihujwe n’inyunganiramirire ndetse n’imyitwarire myiza nko kwirinda inzoga nyinshi, kunywa amazi ahagije no gukora siporo, bifasha cyane kurinda umwijima no guteza imbere ubuzima bwiza muri rusange.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

 

Menya akamaro ka Vitamin B2 (Riboflavin) mu mubiri wawe ndetse n’ibiribwa ibonekamo.

Vitamine B2, izwi cyane ku izina rya Riboflavin, ni imwe muri za vitamine zo mu itsinda rya Vitamin B complex zigira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’umubiri. Iyi vitamine ni ingenzi cyane mu gutuma umubiri ubasha guhindura ibiribwa turya mo ingufu, gufasha imikorere y’uturemangingo, no kurinda umubiri indwara zitandukanye.

Kubera ko Riboflavin itabikwa mu mubiri igihe kirekire, ni ngombwa ko umuntu ayibona buri munsi binyuze mu mirire ye ya buri munsi.

Ese Vitamin B2 umubiri ukenera iboneka ite?

Vitamin B2 umubiri w’umuntu ukenera iboneka mu byo kurya mu gihe ifunguro ry’umuntu rigizwe n’indyo yuzuye irimo imboga n’imbuto bihagije cyangwa se food supplement (inyunganiramirire) nka: Spirulina tablets na Multivitamin ziboneka mu kigo KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kandi zikungahaye kuri vitamin B2 ndetse zikaba isoko nziza y’ingano iboneye ya vitamin B2 umubiri w’umuntu ukenera buri munsi bityo umuntu ntagire uburwayi buturutse ku kubura  vitamin B2 ihagije mu mubiri. Izi food supplement nyunganiramirire zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko bifite ibyangombwa by’ubuziranenge bihabwa n’ibigo mpuzamahanga nka FDA (Food and Drug Administration) na HALAL.

Ese umubiri w’umuntu ukeneye Vitamin B2 ingana ite ku munsi?

Ingano ya vitamin B2 abantu igenda itandukana bitewe n’ibyiciro ku buryo bukurikira:

  • Abagabo bakuru (19+ years): hafi 1.3 mg ku munsi
  • Abagore bakuru (19+ years): hafi 1.1 mg ku munsi
  • Abagore batwite: hafi 1.4 mg ku munsi
  • Abagore bonsa: hafi 1.6 mg ku munsi

Abana;

  • Amezi 0–6 : 0.3 mg ku munsi
  • Amezi 7–12: 0.4 mg
  • Imyaka 1–3: 0.5 mg
  • Imyaka 4–8: 0.6 mg
  • Imyaka 9–13: 0.9 mg
  • Imyaka 14–18:
    • Abahungu: 1.3 mg
    • Abakobwa: 1.0 mg

Dore akamaro ka Vitamin B2 ku mubiri w’umuntu

1.Ifasha umubiri kubona imbaraga

Kimwe mu by’ingenzi Riboflavin ikora mu mubiri ni gufasha mu guhinduraibiribwa mo ingufu (energy metabolism). Iyi vitamine ifasha mu gutunganya Carbohydrates, ibinure (fats) na proteins.

Iyo umuntu abuze Riboflavin, umubiri ushobora kunanirwa gukoresha neza ibyo biribwa, bigatuma umuntu yumva umunaniro, intege nke no kubura imbaraga.

2. Ifasha umutima gukora neza

Vitamin B2 ifasha kugabanya cholesterol mbi (LDL) mu maraso no kongera cholesterol nziza (HDL). Ibi bifasha kurinda indwara z’umutima no kugabanya ibyago byo gufatwa n’indwara zifata imiyoboro y’amaraso.

3. Ifasha mu kurinda uruhu no gutuma rusa neza

Vitamin B2 ifasha uruhu gukomeza kuba rwiza kandi rugahora rutoshye ndetse ikunze gukoreshwa cyane mu mavuta n’ibindi byo kwisiga bifasha uruhu n’imisatsi.

4. Ifasha ubwonko gukora neza

Vitamin B2 ifite uruhare mu mikorere myiza y’ubwonko. Ifasha kunoza imikorere y’imyakura (nerves) no kugabanya ibyago byo kurwara uburwayi bwo kwibagirwa cyangwa izindi ndwara zifitanye isano n’imikorere y’ubwonko.

5. Ifasha cyane mu gukora amaraso

Iyi vitamini ifasha mu gukora no gutunganya bimwe mu bigize amaraso, bigafasha umubiri gutwara umwuka wa oxygen neza.

6. Irinda umubiri kwangizwa n’udukoko twangiza (Antioxidant role)

Vitamine B2 ifasha mu mikorere y’imisemburo ifasha umubiri kurwanya stress oxidative iterwa na free radicals.

Ibi bifasha mu kurinda uturemangingo tw’umubiri, kugabanya ibyago by’indwara zidakira ndetse gufasha umubiri gusaza buhoro.

Dore bimwe mu biribwa wasangamo vitamin B2

Mu biribwa bibonekamo vitamin B2 harimo: amata n’ibiyakomokaho, amagi, inyama, amafi, imboga rwatsi (nk’imboga z’ibabi), ibinyampeke bimwe n’imbuto.

Vitamin B2ni vitamini ifite akamaro kanini ku buzima bw’umubiri kuko ifasha mu gutanga imbaraga, gukora imisemburo y’umubiri, gufasha ubwonko n’imyakura gukora neza ndetse no kurinda ubuzima bw’uruhu. Kurya indyo yuzuye igizwe n’ibiribwa bitandukanye ni byo bifasha umubiri kubona iyi vitamini ku rugero rukwiye.

Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;                          

ADDRESS

IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE

Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)

Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)

E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com

Mwanasura urubuga rwacu arirwo

www.kundubuzima.rw

 

 

IZINDI NKORANYAMBUGA