Akenshi iyo abashakanye babuze urubyaro usanga ikibazo gihita gishakirwa ku mugore, kuko abagabo benshi bazi ko kuba basohora bisobanuye ko bashobora no kubyara nyamara baba bibeshya.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko 40% y’ibyago byo kutabyara hagati y’abashakanye bituruka ku bagabo naho 60% bigaturuka ku bagore.
Impamvu zitera abagabo kutabyara ni nyinshi, harimo izishobora kuvurwa. Gusa 90% zituruka ku kuba intanga ngabo ari nkeya cyangwa ziteye nabi.
Wari uzi ko hari food supplement (inyunganiramirire) z’umwimerere zifasha kwirinda ikibazo cyo kutabyara ku mugabo?
Ubu IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE kibafitiye inyunganiramirire (food supplements) zirimo: High calcium protein powder, Golden six capsules, Ca+Fe+Zi plus capsule, Cordy active na Maca tablets zifasha cyane mu kongera umusemburo wa testosterone, gufasha mu ikorwa ry’amasohoro n’intangangabo, gufasha amaraso gutembera neza mu myanya myibarukiro y’umugabo, kongera ubushake bwo gutera akabariro ndetse no ubudahangarwa bw’umubiri muri rusange. N’inyunganiramirire (food supplements) zirizewe ku ruhando mpuzamahanga kuko zifite ibyangombwa by'ubuziranenge bitangwa FDA (Food and Drugs Administration) kandi nta ngaruka mbi zigira ku buzima bw’uwazikoresheje.
Dore zimwe mu mpamvu zishobora gutera umugabo kubura urubyaro
1. Intanga nkeya (oligospermia)
Igihe cyose mu masohoro y’umugabo harimo intanga ziri munsi ya miliyoni 20 kuri mili-litiro imwe (1ml) y’amasohoro aba ufite intanga nkeya. Iyo nta na nkenya zibereyemo byitwa Azoospermia. Ibi akenshi bituruka ku kwifunga kw’inzira intanga zinyuramo ziva aho zikorerwa (mu mabya) zisohoka. Gusa umubare w’intanga n’ubusanzwe urahindagurika ku buryo kuba hari igihe zajya munsi y’uriya mubare bitavuze ko buri gihe utabyara, ahubwo mu gusuzumwa, upimwa inshuro zirenze 1, noneho mu gihe nta nshuro n’imwe ubonye izirenze miliyoni 20; bakanzura ko ufite intanga nkeya.
2. Kuba intanga zidakora movement neza uko bikwiye (Asthenospermia)
Kugira ngo umugabo atere inda bisaba ko intanga zikora urugendo rwo kuva aho zasohorewe zikazamuka mu mura zijya guhura n’intangangore. Iyo rero zifite umuvuduko uri hasi, ntabwo zibasha guhura n’intangangore. Byibuze kugirango umugabo abashe gutera inda bisaba ko 60% by’intanga asohora ziba zigenda neza kandi ku muvuduko ukwiye. Uwo muvuduko ntugomba kuba munsi ya 56.44µm/s (µm imwe ni 1/1000 cya mm imwe). Ubwo ni nka 20.3cm mu isaha.
3. Ubumuga mu miterere y’intanga
Ubumuga bw’intanga ni igihe zidateye ku buryo nyabwo. Akenshi intanga ifite ubumuga ishobora kuba ifite imitwe 2, imirizo 2 se, kuba nta gice cyo hagati zifite, n’ubundi bumuga bunyuranye.
4. Kwisohoreramo
Ibi bivugwa mu gihe imikaya y’uruhago idakora neza mu gihe cyo gusohora noneho aho kugirango intanga zijye hanze ugasanga zisubiye inyuma zikajya mu ruhago (umuvaruhago n’umuyoborantanga ku bagabo iyo bigeze mu gitsina biba umuyoboro umwe). Ibi akenshi biterwa no:
- Kubagwa igice cyo hasi cy’uruhago cyangwa porositate
- Indwara ya diyabete
- Impanuka y’urutirigongo cyangwa kubagwa umugongo
- Imiti imwe n’imwe nk’iy’umuvuduko udasanzwe w’amaraso, iy’uburwayi bwo mu mutwe, iya porositate yabyimbye
- Izabukuru
5. Imiterere mibi y’imyanya myibarukiro
Imiterere yose ishobora kwangiza cyangwa gufunga amabya, imiyoboro cyangwa ikindi gice kigira uruhare mu myororokere ishobora kugira uruhare mu gutuma umugabo atabyara. Muri yo twavuga:
Ibi bivugwa mu gihe iyo umwana avutse amabya atabasha kumanuka ava mu nda ajya mu dusabo twayo. Ubusanzwe iyo umwana ari kuvuka niho amabya (twa tundi tubamo imbere duteye nk’igi) amanuka akajya muri cya gihu. Iyo rero avutse ntibyimanure bigira ingaruka mu mikorerwe y’intanga nzima kandi zihagije.
Ubu ni ubumuga burangwa no kuba umwenge w’igitsinagabo aho kuba mu gitsina hagati uba wibereye munsi. Ibi bituma iyo akoze imibonano intanga zidashyikira neza inkondo y’umura, bigasaba ko abagwa bigakosorwa
- Kwifunga k’umuyoborantanga
Abagabo bamwe bavuka umuyoboro uvana intanga mu mabya uzijyana hanze ufunze cyangwa se igice cya epididymis kidakora neza. Bamwe ndetse baba badafite umuyoborantanga (vas deferens) ariwo ujyana intanga hanze.
Ibi byose bigira ingaruka ku gusohoka kw’intanga, niyo zaba zakozwe zihagije
6.Kugabanyuka cyangwa kubura imisemburo
Ibi bizwi ku izina rya hypogonadism, rikaba ari izina rihabwa kuba umugabo adafite imisemburo ihagije ya gonadotropin-releasing hormone (GnRH), ikaba imisemburo ituma harekurwa umusemburo wa testosterone n’indi misemburo ijyana n’imyororokere. Kugabanyuka cyangwa kutagira testosterone bitera kugabanyuka kw’ingufu zo gukora intangangabo.
Akenshi ubu bumuga ntibukunze kugaragara kandi bubaho mu gihe cyo kuvuka. Ni ingaruka z’indwara y’imiremerwe mibi (genetic disorder) ifata imvubura ya hypophyse. Ibi bitera ingaruka nyinshi harimo kudakorwa kwa FSH na LH ikaba imisemburo igira uruhare mu gukura ukaba umugabo wuzuye. Kallman syndrome, ikaba indwara ituma hypophyse itabasha gukora imisemburo hafi ya yose.
7. Uburwayi bwa Varicocele
Varicocele ni ukubyimba ku buryo budasanzwe k’umuyoboro uvana amaraso mu mabya asubira mu mutima. Ubu burwayi ubusanga mu bagabo 15% kandi ku bagabo batabyara, 40% baba ari bwo bubibatera. Nubwo isano bufitanye no kutabyara itaragaragara neza, ariko butuma ubushyuhe bwo mu dusabo tw’intanga buzamuka, bikagira ingaruka ku mubare w’intanga, umuvuduko wazo n’imiterere yazo.
8.Imyaka y’amavuko
Yego imyaka ntacyo ihindura kinini ku kuba umugabo yabyara ariko nayo ntitwayirenganiza. Izabukuru akenshi rigira ingaruka ku bwinshi bw’intanga n’umuvuduko wazo. Ndetse n’ubuzima bw’intanga n’ingufu zazo bigenda bigabanyuka uko umuntu asaza.
9.Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina
Kurwara indwara nk’ imitezi na Chlamydia bihoraho nabyo bigira ingaruka ku myororokere yawe. Akenshi zisiga mu muyoborantanga harimo inkovu zishobora kubyimba zigafunga inzira intanga zakanyuzemo zisohoka. Indwara ya chou-fleur nayo iterwa na HPV ( Human Papilloma Virus) ishobora gutera ubugumba
10. Ubushyuhe bwinshi ku mabya: kujya muri sauna kenshi, gutereka laptop ku bibero, kugira umuriro mwinshi, n’ibindi byose bitera ubushyuhe burenze ku mabya, bigabanya umubare w’intanga nzima, gusa si burundu ahubwo iyo bihagaritswe zisubira kuri gahunda
11. Gukoresha ibiyobyabwenge: gukoresha kenshi cocaine, marijuana bigabanya umubare n’ubuzima bw’intanga. Ibinyabutabire biri muri marijuana bigabanya umuvuduko w’intanga n’ubushobozi bwazo bwo koga, bityo kuba zagera ku ntangangore bikaba ingorabahizi
12.Kunywa inzoga nyinshi kandi buri gihe nabyo bishobora gutera kutabyara
13.Kunywa itabi nabyo byangiza ubuzima bw’intanga
14. Umubyibuho ukabije nawo utera imikorere mibi y’imisemburo nuko bikagira ingaruka ku ntanga n’imikorerwe yazo
Mwifuza ibindi bisobanuro cyangwa ubufasha ku buzima mwadusanga kuri address zikurikira;
ADDRESS
IKIGO KUNDUBUZIMA HEALTH CARE
Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)
Mwaduhamagara kuri 0785686682 (WHATSAPP) / 0788865515 (WHATSAPP)
E-mail: kundubuzimahealthcare@gmail.com
Mwanasura urubuga rwacu arirwo
www.kundubuzima.rw
Dukorera mu Mujyi wa KIGALI, ku MUHIMA mu Nyubako yegeranye na HOTEL OKAPI Ikoreramo GENESIS TV muri Etaje IBANZA HASI muri 0 (Ground Floor)
Telephone: (+250) 788865515
Email: info@kundubuzima.rw